Umurwa mukuru wa Ukraine wagabweho igitero gikomeye cya Misile

Umurwa mukuru Kyiv wa Ukraine wibasiwe n’igitero gikomeye cyo mu kirere cyagabwe n’Uburusiya, ku nshuro ya munani muri uku kwezi, cyakomerekeje abantu batatu.

Muri videwo yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga, ubwirinzi bw’ikirere buboneka buhanura ibisasu hejuru y’uwo mujyi.

Ubutumwa bwatanzwe na leta ya Ukraine bwaburiye abantu kwirinda kwegera amadirishya ubwo ibisigazwa biva kuri misile zahanuwe byagwaga biva mu kirere.

Vitali Klitschko, umukuru w’umujyi wa Kyiv, yavuze ko bimwe mu bisigazwa byavuye ku bisasu bya rokete byaguye mu turere two rwagati muri uwo mujyi, harimo no mu nzu yororerwamo inyamaswa.

Intabaza iburira ku bitero byo mu kirere yavugijwe saa munani n’iminota 30 z’ijoro (02:30), ihagarikwa hashize amasaha abiri.

Umutegetsi w’i Kyiv yavuze ko iki gitero cy’urusobe, cyakoreshejwemo indege nto zitarimo abapilote zizwi nka drone, hamwe n’ibisasu bya misile, “cyihariye mu bukana bwacyo”.

Jenerali Serhiy Popko, umukuru w’ubutegetsi bwa gisirikare i Kyiv, yavuze ko ibi bisasu byinshi kandi birashwe mu buryo bwihuse ari byo “byinshi cyane bibayeho by’igitero cya za misile kigabwe mu gihe gito cyane”.

Yongeyeho ati: “Amakuru y’ibanze avuga ko byinshi mu bintu by’umwanzi byo mu kirere cya Kyiv byatahuwe birasenywa”.

Mu minsi micyeya ishize, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yakoreye inzinduko i Burayi, aho inshuti zo mu burengerazuba bw’isi zamusezeranyije imfashanyo y’ibikoresho bya gisirikare ifite agaciro ka za miliyari nyinshi z’amadolari y’Amerika.

Mu bategetsi bamusezeranyije iyo mfashanyo, harimo nka Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron.

Kuva Uburusiya bwagaba igitero kuri Ukraine ku itariki ya 24 Gashyantare (2) mu 2022, abasivile n’abarwanyi bose hamwe babarirwa mu bihumbi barishwe cyangwa barakomereka, imijyi irasenyuka kubera imirwano, ndetse Abanya-Ukraine miliyoni hafi 8.2 biyandikishije nk’impunzi i Burayi, muri bo abagera kuri miliyoni 2.8 bakaba bari mu Burusiya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *