Kigali: Ibirayi biri gucuruzwa muburyo bwa Forode
Mu gihe leta y’u Rwanda, yatangaje igabanuka kuri bimwe mu biciro by’ibiribwa , bamwe mu bacuruzi baranguza Ibirayi mu mujyi wa Kigali baravuga ko ubu byabuze, n’ibibonetse biza bihenze kuko biri gucuruzwa muburyo bwa Forode.
Ubwo umunyamakuru yari mu gace ka Nyabugogo, mu karere ka Nyarugenge uyu wa 2/5/2023 yasanze zimwe muri za DEPO ziranguza Ibirayi , ababicuruza bicaye ubusa bavuga ko byabuze bitakiboneka atereye akajisho abona impapuro ziri ku miryango ya za DEPO handitseho ibiciro bishya leta yategetse ariko DEPO zirimo ubusa.
Abavuganye n’itangazamakuru, bavuze ko imari itakiza niyo ibagezeho iba ihenze kuburyo batayirangura ngo bayicuruze ku biciri leta yatangaje, ati:'”Leta yavuze ko twabirangura kuri 400 Rwf natwe tukabicuruza kuri 460 Rwf , none biratugeraho bihenze birangura 500 Rwf, none twe twarabiretse biri gucuruzwa mu buryo bwa Forode ”.
Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda (Minicom) yabwiye itangazamakuru ko ubu ari mu karere ka Musanze aho ari mu ruzindiko rw’akazi yagiye mu biganiro n’abacuruzi ndetse n’abahinzi kuri iki kibazo, Ati:”Ubu ndi mu karere ka Musanze, ndi mu biganiro n’abahinzi ndetse n’abacuruzi n’abandi bireba turi gushakira hamwe ibisubizo kuri iki kibazo,amakuru turaza kuyabamenyesha nyuma”.
Kuva leta yatangaza ibiciro bishya ku biribwa birimo Kawunga ,Ibirayi n’ibindi abaturage bavuga ko bitubahirijwe ahubwo byarushijeho guhenda, n’ikibazo giha umukoro inzego bireba kubigenzura neza.

