Perezida Tshisekedi yazamuye mu ntera bamwe mu ba Jenerali ba FARDC
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo za Congo, Félix Tshisekedi yakoze impinduka mu Gisirikare azamura mu ntera bamwe mu ba Jenerali barimo Tshiwewe Songesa Christian.

Uyu mukuru w’igihugu cya Congo, yazamuye mu ntera Tshiwewe Songesa Christian wahoze ari Liyetona Jenerali amuha ipeti risumba andi mapeti yose y’ingabo za Congo, amugira Jenerali.
Ychlingonza Nduru Jaques,we yavuye ku ipeti rya Gen Major ahabwa irya Lieutenant General
Kasonga Cibangu Leon Richard wari General Major nawe yazamuwe mu ntera ahabwa ipeti rya Lieutenant General.
Eddy Kapend Yrung wari Colonel we yagizwe General de Brigade. Uyu Eddy Kapend asanzwe ari mu byara wa Laurent – Desire Kabila wahoze ari Perezida wa Congo ndetse akaba n’umwe mu bajyanama be ba hafi.
Nyuma y’urupfu rwa Laurent Kabila wishwe arashwe n’umwe mu basirikare bari bashinzwe kumurinda, Eddy Kapend ari mu basirikare 30 batawe muri yombi icyo gihe, bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rwe, mbere yo gukatirwa urwo gupfa.

