Kubera iki abantu bakingiwe bakomeza kwandura Covid-19??

Inkingo za Covid zakozwe ku ntego imwe y’ingenzi: kugabanya ibyago byo gukomererwa cyane n’ubwandu, birimo kujya mu bitaro, guhabwa ububasha bwo guhumeka hamwe n’impfu.

Kabone n’ubwo hari ikoranabuhanga riri inyuma y’urukingo, byari bifite intego imwe: gutuma umubiri wacu umenyera virusi cyangwa bagiteri [bacteria] (cyangwa ibice bimwe byawo).

Iri hura rya mbere ritangira [rizibira] ingaruka ku buzima bwacu, uturemangingo tudukingira dutanga igisubizo gishobora gutegura umubiri mu gihe ubwandu nyabwo buje.

Ubu buryo bw’ubudahangarwa buragoye cyane kandi bukorwa n’uturemangingo twinshi n’uduce turinda umubiri. Bityo rero, igisubizo cy’umubiri, gihinduka ku buryo bugaragara bitewe n’ubwoko bwa virusi, ubushobozi bwayo bwo kwihindura, uburyo urukingo rwakozwe, uburwayi umuntu asangaywe, n’ibindi.

Bityo rero biragoye cyane gukora uburyo bwo gukingira bushobora kurinda ubwandu ubwabwo, ibyo bivuze kuburizamo ukwinjira kw’igitera uburwayi mu turemangingo twacu.

Ariko dore ingingo y’ingenzi: no mu gihe urukingo rudashobora kurinda ubwandu, igisubizo cy’uburinzi urukingo rutanga gituma ibimenyetso bidakomera kurushaho, bityo bikarinda kuremba no gupfa.

Nk’urugero, uku ni ko bigenda ku nkingo z’ibicurane bikomeye [influenza], ni nako rero bimeze ku byo tubona muri Covid19 : n’ubwo inkingo zihari zidahagarika inkubiri nshya y’ubwandu, zikora mu kurinda ubwandu bukomeye kudakomera.

Ikimenyetso cy’ibi ni inkubiri zagaragaye hagati y’impera za 2021 n’intangiriro za 2022 ku bwandu bwa Omicron, igihe ibihugu byinshi byaciye uduhigo tw’umubare w’ubwandu ariko urugero rw’abagiye mu bitaro n’abapfuye rukaba hasi cyane ugereranyije n’ikindi gihe cy’icyorezo.

Ubushakashatsi bwakozwe n’urwego rushinzwe ubugenzuzi no kurinda indwara (CDC) bwasohowe mu kwezi kwa Gatatu bwabaze urugero rw’ubu burinzi. Aya makuru ahishura ko abantu bakuru bahawe inkingo eshatu za Covid bafite ibyago biri hasi ku rugero rwa 94% kuba batajya mu bitaro, gufashwa guhumeka hifashishijwe ibyuma cyangwa gupfa, ugereranyije n’abatarakingiwe.

Ikindi kimenyetso cya gatatu cy’ubu burinzi kiza mu bugenzuzi bwasubiwemo na Zoe ifatanyije na King’s College.

Ibyo bigo byabonye ko ibimenyetso bikomeye bya Covid, nko kubura umwuka no kugira umuriro uri hejuru, byabonetse kenshi mu ntangiriro z’icyorezo, igihe inkingo zari zitaraboneka.

Nyuma y’inkubiri zitandukanye z’ubwandu cyane cyane by’ingenzi, inkingo abantu benshi bari bamaze gufata, ubu bwoko bw’ibimenyetso byatangiye kugabanuka mu rutonde, noneho bisimburwa n’ukubangamirwa bidakabije, nk’ibicurane cyangwa kwitsamura.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *