RDC: Abitwaje Intwaro Binjiye mu Nkambi ya Lusenda Barasa impunzi

Mu nkambi ya Lusenda iri muri Teritware ya Fizi intara ya Kivu y’Epfo, impunzi zihangayikishijwe n’umutekano muke ukomeje kuhagaragara.

Abari muri iyo nkambi baravuga ko abantu bitwaje imbunda bataramenyakana bamaze iminsi ibiri binjira, ngo  bahinjira bakarasa amasasu bambura impunzi amafaranga.

Bemeza ko ibyo byabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 9 z’uku kwezi ndetse no muri iri ryoro ryakeye, bakavuga ko byabereye mu nsiziro numero 4, 11 na 25.

Ababibonye bavuga ko abarashe amasasu banafashe ku ngufu umugore umwe muri iyo nkambi.

VOA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *