Nyarugenge: RIB yafunze Hatangimana Ally akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gukurura Amacakubiri
Tariki ya 18/09/2023, urwego rw’ubugenzacyaha (RIB ) rwafunze HATANGIMANA ALLY ufite Imyaka 74 akurikiranyweho ibyaha bitatu bikurikira:
1. Gutukana mu ruhame
2. Gukoresha ibikangisho
3. Icyaha cyo gukurura amacakubiri.
Ibi byaha yabikoze tariki ya 11 Nzeri 2023, mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Rwezamenyo mu Mudugudu w’Abatarushwa.
Hatangimana Ally afungiye kuri RIB STATION YA RWEZAMENYO mu gihe dosiye iri gutunganwa kugirango ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
IBYAHA AKURIKIRANYWEHO, GUTUKANA MU RUHAME gihanwa N’INGINGO YI 161 y’itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Igihano: Igifungo kitari munsi y’iminsi 15 ariko kitarenze amezi 2 n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi yi 100,000 FRW ariko atarenze 200,000 FRW; imirimo y’inyungu rusange mu gihe kitarenze 15 cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
GUKORESHA IBIKANGISHO, gihanwa N’INGINGO YI 128 y’itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Igihano : Igifungo kitari munsi y’umwaka 1 ariko kitarenze imyaka 2 n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi yi 300,000 FRW ariko atarenze 500,000 FRW.
ICYAHA CYO GUKURURA AMACAKUBIRI, gihanwa N’INGINGO YI 164 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Igihano: Igifungo kitari munsi y’imyaka 5 ariko kitarenze 7 n’amafaranga y’u Rwanda atari munsi yi 500,000 FRW ariko atarenze 1,000,000 FRW.
UBUTUMWA, Umuvugizi wa RIB, Murangira B. Thiery yabwiye HANGA NEWS ko basaba abantu kugira ubworoherane anibutsa abantu ko RIB itahinganira umuntu wese ukoresha imvugo zikurura amacakubiri kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Atawe muri yombi , nyuma yaho mu murenge wa Rwezamenyo, akarere ka Nyarugenge, umuturage witwa Bayisenge Jean De Dier ,yatabaje inzego zishinzwe umutekano kuko yaterwaga n’uyu mugabo witwa Hatangimana Ally Musafiri amusanze mu kazi akora ku bucuruzi akumurwanya ashaka ku mwica , amuziza ko yamuhamagaje mu nzego z’ubuyobozi.

