DRC yatanze ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) irega u Rwanda ibyaha bikomeye
Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatanze ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC, irega u Rwanda irushinja ko ingabo z’u Rwanda (RDF) zinjiye muri kiriya gihugu zigahohotera abaturage ndetse zigasahura amabuye y’agaciro muri kiriya gihugu.
Ni ikirego cyatanzwe kuri uyu wa 23 Gicurasi, 2023 binyuze muri Minisiteri y’Ubutabera, ubwo Minisitiri Rose Mutombo usanzwe ari n’umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisieri, yashikirizaga ubushinjacyaha bwa ICC bwari buhagarariwe n’umushinjacyaha mukuru madame Mandiaye Niang, ikirego kirega u Rwanda.
Ubusanzwe uru rukiko rukorera I Lahe mu Buholandi. mu birego byatanzwe kandi harimo ko bareze n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, bawushinja gukorana n’ingabo z’u Rwanda, ndetse bakazishinja kubaha ibikoresho.
Leta ya Kinshasa mu kirego yatanze, yasabye ICC gutangiza iperereza ku bo yise ihuriro rigizwe na M23 na RDF ivuga ko bamaze igihe bakorera ubwicanyi mu burasirazuba bwa DRC ndetse bakanahasahura amabuye y’agaciro menshi cyane.
Iki gihugu cyasabye ICC gufatira ibihano M23 ndetse n’abayitera inkunga, ku byo bise ko bahonyora uburenganzira bwa muntu ku butaka bwa Congo, ibintu bavuga ko byakozwe mu myaka ya 2022-2023.
Gusa Congo yareze u Rwanda mri uru rukiko mu gihe rusanzwe rutari umunyamuryango wa ruriya rukiko, bijyanye no kuba rutari mu bihugu 122 byasinye amasezerano ya Roma yo mu 1998 arushyiraho.
Leta ya Kigali yanze kwinjira muri ruriya rukiko nyuma yo kunenga imikorere yarwo, bijyanye no kuba rwarakunze kwibasira abanyafurika gusa.
Leta y’u Rwanda kugeza ubu nta cyo iratangaza ku kirego yarezwemo na Republika Iharanira Democrasi ya Congo.
Rwandatribe

