Nyarugenge:RIB yafunze umuyobozi wa Cooperative (KIMI) y’abantu bacuruza ama telephone ya Occasion

Tariki ya 05/04/2023, RIB yafunze umuyobozi wa Cooperative y’abantu bacuruza ama telephone ya occasion (telephone zakoreshejweho) yitwa KIMI, uwafunzwe yitwa NTIRENGANYA JEAN BAPTISTE akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha ibikangisho.

Ibi bikaba byarabereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu w’Inyarurembo.

Uwafashwe afungiye kuri RIB STATION YA NYARUGENGE mu gihe iperereza rikomeje kugirango hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubishinjacyaha ndetse hanashakishwa n’abandi bagize uruhare mugukora ibi byaha.

IBYAHA AKURIKIRANYWEHO, birimo KWIHESHA IKINTU CY’UNDI HAKORESHEJWE UBURIGANYA gihanwa N’INGINGO YI 174 y’itegeko N0 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano, yahabwa ahamwe n’icyaha, n’igifungo kitari musi y’imyaka 2 ariko kitarenze 3 n’amafaranga y’u Rwanda atari musi Miliyoni 3,000,000 FRW ariko atarenze 5,000,000 FRW.

GUKORESHA IBIKANGISHO gihanwa N’INGINGO YA 128 y’itegeko N068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Igihano yahabwa ahamwe n’icyaha n’Igifungo kitari musi y’umwaka 1 ariko kitarenze imyaka 2 n’amafaranga y’u Rwanda atari musi ya Miliyoni 300,000 FRW ariko atarenze 500,000 FRW.

RIB iributsa abaturarwanda bose ko itazihanganira uwariwe wese ukora ibyaha nk’ibi birimo icyaha cyo gutwara ibyabandi akoresheje uburiganya no gukoresha ibikangisho inibutsa abantu bose ko ari ibyaha bihanwa n’amategeko.

RIB irakangurira abantu bose muri rusange ko bajya bagira amakenga mu gihe bahuye n’umuntu cyangwa abantu babizeza ko haribyo babafasha cyangwa babakemurira ariko bakabanza kubaka amafaranga mbere yuko ibyo babemereye babikoze.

Bamwe mu banyamuryango ba koperative batifuje ko dushyira amazina yabo nkuru , babwiye HANGA NEWS ko uyu muyobozi kuba yatorwa ntacyo yabamiriye usibye kuzana umwiryane kugeza ubwo bamwe mu banyamuryango bayitangije bavuyemo , RCA ikiba ishyirwa mu majwi ko yabatsindiriye gutora uyu muyobozi ku ngufu.

Bamwe mu banyamuryango bavuyemo bavuga ko yabimye imigabane yabo nshingiro Kandi biteganywa n’itegeko , barimo kwifuza ko RCA yagaruka ikabafasha gushyira ku murongo ibyashenwe kuko bidakozwe baraza kongera gusubira mu muhanda kuzunguza Telefoni bajye birirwa bahanganye n’inzego z’umutekano Kandi byari bimaze gukemuka.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *