Ngoma-Rukumberi:Abambaye ibirango bya REG barashinjwa kumanura Cash Pawer ku nzu z’abaturage bagasigara mukizima-Baratabaza bamaze igihe badacana
Abaturage batuye mu murenge wa Rukumberi , akarere ka Ngoma, cyane abo mu kagari ka Karubago, barimo gutabaza bavuga ko bamaze igihe mu nzu zitaka , baravuga ko imodoka ifite ibirango bya REG iparika aho batuye abayirimo bakabasaba kuzana cash Pawer zabo ngo bajye kuzikora zagize ikibazo bagategereza ko bazazigarura none amaso yaheze mukirere.
Ubuyobozi bwa REG ishami rya Ngoma bwavuze ko iki kibazo butakizi.
Abaturage bavuganye n’itangazamakuru uyu wa 6/12/2022 , bavuze ko iki kibazo kibahangayikishije bamaze igihe badacana kandi baregerejwe umuriro w’amashanyarazi , barimo gutambira leta basaba yuko bakurikirana abaza mu ngo zabo bambaye imyenda iriho ibirango bya REG bari mu modoka iriho ibirango bya REG bamaze gutwara cash power nyinshi mu gace batuye none baziburiye irengero.
Ati:”Baza batwizeza ko bagiye kuzikora zagize ikibazo , batwaye cash power yo kwa Mukamuganga, Kwa Buramba, iyo Kwa Mukarwego, na Sitefaniya, n’ahandi henshi amaso yaheze mukirere”.
Kabare Jean Paul ,uyobora REG ishami rya Ngoma, yavuze ko iki kibazo batakizi, ati:”Icyo kibazo ntacyo tuzi, umukozi wa REG dutumye cash Pawer y’umuturage iyo yagize ikibazo umukozi abanza kubimusobanurira, cyangwa iyo nawe yagize ikibazo araduhamagara”.
Iki n’ikibazo gikwiye gusuzumwa byihutirwa , mu gihe REG ihakana ko nta bakozi ituma guhanura cash power ku nzu z’abaturage , abaturage bo bagashimangira ko ari abakozi ba REG baza kuzitwara, haribazwa ko hari abihisha mu myambaro ya REG bakaba bari kugirira nabi abaturage.

