Ndi umwere. Ndi umuntu w’inyangamugayo. Ndi Perezida wa Venezuwela.” Maduro yiregura imbere y’inkiko za Amerika
Perezida Nicolás Maduro ahakana ibirego bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika imbere y’urukiko.
Perezida wa Venezuwela, Nicolás Maduro, yagaragaye bwa mbere imbere y’urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yahakanye byimazeyo ibirego aregwa bijyanye n’icyaha cyo gukorana n’imitwe y’iterabwoba binyuze mu gucuruza ibiyobyabwenge.
Mu magambo yatangarije urukiko, Maduro yavuze ko yafatiwe iwe mu rugo ruherereye i Caracas, umurwa mukuru wa Venezuwela, ashimangira ko ibirego aregwa bidafite ishingiro na rito. Yavuze ko afata ifatwa rye nk’iry’imfungwa y’intambara, ashingiye ku mwanya we nk’umukuru w’igihugu.

Yagize ati: “Ndi umwere. Ndi umuntu w’inyangamugayo. Ndi Perezida wa Venezuwela.”
Maduro yanatangaje ko atarigeze abona mbere inyandiko y’ibirego imurega, ndetse ko atazi neza uburenganzira bwe mu by’amategeko igihe yari atangiye kuburanishwa.
Ku rundi ruhande, Cilia Flores, umugore wa Perezida Maduro, na we yahakanye ibirego bifitanye isano n’icuruzwa ritemewe rya kokayine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Reuters.
Bombi, Maduro na Flores, basabye ubufasha bwa konsula bwa ambasade ya Venezuwela, mu gihe urubanza rukomeje gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera zo muri Amerika.
Urubanza rwa Perezida Maduro rukomeje gukurikirwa n’isi yose, cyane cyane kubera ingaruka rushobora kugira ku mubano wa dipolomasi hagati ya Venezuwela na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

