Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma. Barimo Amb. Olivier Nduhungirehe: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Yussuf Murangwa: Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi na Consolee Uwimana: Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango.

Harahiye kandi Mutesi Rusagara: Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ishoramari rya Leta no Kwegeranya Imari muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi na Olivier Kabera: Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo.
Abandi bayobozi barahiye ni Aimable Havugiyaremye: Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS) na Angelique Habyarimana: Umushinjacyaha Mukuru.

Harahiye kandi Umugaba w’Ingabo zishinzwe Ubuzima, Maj. Gen. Dr. Ephrem Rurangwa ndetse n’Umugaba Wungirije muri icyo cyiciro, Brig. Gen. Dr. John Nkurikiye.

