Uburundi butangaje ko bwongereye Ingufu z’Igisirikare ku mipaka buhana n’u Rwanda
Igisirikare cy’Uburundi cyatangaje ko cyiteguye intambara hagati n’u Rwanda.
Umuyobozi w’ingabo mu Burundi aremeza ko igisirikare cyongereye ingufu n’ibikoresho by’intambara ku mipaka yose, cyane cyane iyo iki gihugu gihana n’u Rwanda.
Umuyobozi w’ingabo, Alain Tribert Mutabazi yaraye abitangarije I Bujumbura mu gihe yarimo ashikiriza ibyo ubuyobozi bw’ingabo ayoboye bwagezeho mu gice cya kabiri cy’umwaka ushize.
Bamwe mu banyagihugu bo mu ntara ya Kirundo baganiriye n’Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru , cyane cyane abegereye umupaka batubwiye ko ibirwanisho bihari bibateye ubwoba. Bavuga ko iruhande y’abasirikare hari n’abasivile benshi bari kumwe na bo.
Abanyagihugu bo ku misozi ya Munazi na Vyanzo, zone Gatare komine Busoni bagize ati: “Bamwe muri bo turabazi, abandi ntabo tuzi. Harimwo n’abari barasubijwe mu buzima busanzwe bahoze mu gisirikare. Bagendera ku mategeko y’uwutwara igisirikare aha iwacu. Baba ari benshi mw’ijoro”.
Uwundi na we yongeyeko ati: “Baba barikanuye cyane baraba neza ko atawusohoka cyane ngo umwanzi yinjire aha hafi y’iwacu ku mupaka avuye mu Rwanda.”
Igice gicunzwe cyane nk’uko amasoko y’Ijwi rya Amerika yabitubwiye ni mu makomine ya Ntega, Bugabira na Busoni. No mu ntara ya Kayanza na Cibitoke ni nk’uko.
Abafite ubwoba cyane ni imwe mu miryango yubakanye n’abanyarwanda aho ku mupaka, cyane ifite ababo bubatse hakurwa y’umupaka mu Rwanda. Bamwe ndetse bamenyesha ko hari abashatse guhunga bava muri ibyo bice, ariko abatware bo hasi bakabahumuriza.
Abanyagihugu begereye ishyamba rya Murehe no mu misozi ihanamiye ikiyaga cya Rweru muri komine Busoni intara ya Kirundo, bemeza ko na ho hashyizwe ibirwanisho bya gisikare bikomeye ndetse ko hari n’abasirikare benshi.
Ibyo bice byose ni ibihana urubibe n’akarere ka Bugesera mu ntara y’I Burasirazuba y’u Rwanda.
Umuyobozi w’ingabo, Alain Tribert Mutabazi yavuze ko ari mu ntumbero yo gucungera umwansi kandi ko bamwiteguriye kumurwanya.
Amasoko y’Ijwi rya Amerika avuga ko ibintu byatangiye guhinduka muri izo ntara igihe Uburundi bwafunze imipaka, mu ntangiriro z’uku kwezi kwa mbere.
Bwari bumaze gushinja u Rwanda ko rubitse abarwanyi bacishamwo bakaja gutera muri icyo gihugu. Aha, u Rwanda rubihakanira kure ko ari ibihuha n’ibinyoma bigamije ubushotoranyi.
Umukuru w’igihugu c’yu Rwanda, Paul Kagame mu nama y’igihugu y’umushyikirano ihuza inzego zitandukanye za leta harimwo n’iza gisirikare, yatangaje na we mu cyumweru gishize ko yiteguye kurinda ibusugire by’igihugu cy’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame, yihanangirije uwohirahira akarengera imbibe z’u Rwanda ko bitazamuhira.
Aha ni inyuma y’aho umukuru w’igihugu cy’Uburundi Evariste Ndayishimiye na we yari amaze kuvugira i Kinshasa ku murwa mukuru wa Kongo ko ashigikiye mugenzi we wa Kongo kurwanya uwo yise “umwanzi basangiye .”
Umuhanga muri politike y’akarere k’ibiyaga binini bya Afrika akaba n’umwarimu muri za Kaminuza, harimwo kaminuza nkuru y’u Rwanda, Ismael Buchanan, kuri micro y’Ijwi rya Amerika abona ko umuti w’indyane zadutse hagati y’ibyo bihugu bitatu bisangiye imipaka ari ibiganiro.
Si ubwa mbere ku mbibe z’Uburundi n’u Rwanda hashyirwa ibirwanisho bya rutura. byaheruka inyuma y’indyane za politike zo mu mwaka w’I 2015 mu Burundi, aho icyo gihugu cyagirije u Rwanda ko hari ibitero byavuye mu Rwanda bigahitana Abarundi mu ntara za Kayanza na Cibitoke.
VOA

