DRC: Komisiyo y’amatora CENI yatesheje agaciro ibyavuye mu matora mu turere tumwe na tumwe
Akanama gashinzwe gutegura amatora muri Republika ya Demokrasi ya Congo, CENI, katesheje agaciro ibyavuye mu matora mu turere tumwe na tumwe bivuye ku bimenyetso kabonye byerekana ko amatora atakurikije amategeko.
Iyo nkuru yamenyekanye kuwa gatanu, mu gihe CENI ivuga ko ibyavuye mu iperereza ryakozwe byerekana ko mu matora y’abadepite benshi mu bahatanaga muri uwo mwanya bagiye mu bujura, kubera iyo mpamvu, intsinzi yabo ikaba yabaye imfabusa.
Intsinzi y’abadepite bagera kuri 80 yabaye imfabusa mu turere twa Kwilu, Yokama, Ubangi na Equateur.
CENI kandi yavuze ko iperereza ryakozwe n’abakozi b’ayo yabonye ko habayeho kurenga ku mategeko agenga amatora hamwe no guhungabanya umutekano hamwe na hamwe muri utwo turere.
Umwe mu bategetsi ba CENI, Patricia Nyeasa agira ati:”Akanama gashinzwe gutegura amatora,CENI karakomeza kwakira raporo y’ibintu by’abaturage byangiritse n’ibikoresho by’amatora, ibivugwa ko hari abantu ku giti cyabo bari bafite ibikoresho by’ikoranabuhanga ’electronic’ bakoreshaga mu gutora hamwe no kugaba ibitero ku bakozi ba CENI.”
CENI kandi ivuga ko iri gukora iperereza ku bakozi bayo bagize uruhare mu kurenga ku mategeko agenga amatora muri Congo.
Mu gihe ako kanama gashinzwe amatora kagikomeje iperereza, ibyerekeye abagizweho ingaruka n’ayo matora biri mu maboko y’abashinzwe umutekano hamwe n’ubutabera, aho byitezwe ko hagiye kuba abagezwa imbere y’ubutabera.
Hagati aho,Urukiko rushinzwe kurengera itegekonshinga irakomeza kumva ikirego cyo kwamagana ibyavuye mu matora yo ku itariki 20 Ukuboza 2023,cyatanzwe na Theodore Ngoy,wiyamamaje ku giti cye mu matora ya perezida.
BBC

