TANGAZO RYO GUPIGANIRA ISOKO

Itangazo rya Tariki ya 1 Ukwakira 2023

SOUTHERN-PROVINCE

HUYE-DISTRICTN

GOMA-SECTOR

BUTARE-CELL

Email:determinedyouthbiocoop@gmail.com

Telephone(+250)788840755

website:www.biocoor.rw

TANGAZO RYO GUPIGANIRA ISOKO

Biodiversity Conservation Organization (BIOCOOR), ni umuryango utari uwa Leta ufite ubuzimagatozi Numero 777/RGB/NGO/LP/11/2021 mu Rwanda ukaba wita ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima n’iterambere ry’Abaturage.

BIOCOOR irahamagarira ibigo bibishoboye gupiganira isoko ryo Kubaka ibiraro 30 bizamuye mu kirere hirindwa ko inyamaswa zo mu gasozi zarya amatungo y’Abaturage.

Ibyo biraro bizamuye mu kirere bizubakwa mu murenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru.

Ibigo bipiganirwa isoko bigomba kuba byujuje ibi bikurikira:

Kuba gifite ubunararibonye mu bijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi

Kuba ikigo kiri muri VAT kandi kinatanga inyemezabwishyu ya EBM

Kuba ikigo nta misoro kibereyemo RRA cyangwa RSSB

Kuba ikigo kimaze byibura imyaka 3 gikora

Kuba ikigo cyarakoze imirimo isa n’iyi kikayisoza neza (bakanagaragaza ibyangombwa nibura 2 by’uko basoje iyo mirimo.)

Igitabo gikubiyemo ibirambuye kuri iri soko muragisanga ku biro bya BIOCOOR ku Karubanda guhera kuwa 01/10/2023 kugeza ku wa15/10/2023.

Mushobora no kuduhamagara kuri nimero 0788334621ya Program Manager cyangwa mukatwoherereza email kuri
determinedyouthbiocoop@gmail.com

tukaba twaboherereza igitabo mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Itariki ntarengwa yo kugeza dosiye zisaba isoko kuri BIOCOOR ni ku wa15/10/2023.

Dosiye zizoherezwa kuri email determinedyouthbiocoop@gmail.com cyangwa zoherezwe mu mabahasha afunze neza ku biro bya BIOCOOR biri ku Karubanda cyangwa ku Kitabi kuri Nyungwe Conservation Leadership Center

Bikorewe: Huye kuwa 01/10/2023

Dr Ange IMANISHIMWE,
PhD, Umuyobozi Nshingwabikorwa wa BIOCOOR

Itangazo rya Tariki ya 1 Ukwakira 2023

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *