Nyabihu:Hadutse indwara idasanzwe abaturage barimo gutabaza bavuga ko ari icyorezo

Mu murenge wa Rugera, mu karere ka Nyabihu, hari abaturage bahangayikishijwe n’indwara iri kubafata, bakaribwa mu nda cyane, ubundi bagacibwamo kugeza ubwo hari n’abatangiye gupfa. Bamwe barimo kuvuga ko ari icyorezo.

Abaganiriye n’itangazamakuru uyu 19/11/2023 bavuze ko, bamaze guhamba abantu barenze batatu kandi bose barwaye kimwe, Ati:”N’indwara ifata umuntu akaribwa mu nda , agatangira kwituma ibintu by’umuhondo hashira nk’amasaha 10 akaba arapfuye”.

Abaganga,mu kigo nderabuzima cya Nyakigezi aho hari abarwayi benshi, babwiye itangazamakuru ko iyi ndwara ihari ariko batarakora ubushakashatsi ngo bamenye uburwayi nyakuri, Ati:”Abantu benshi turi kwakira hano Kwa muganga, baraza baribwa mu nda , birashoboka ko ari inzoka ,ariko ntabwo turakora ubushakashatsi ngo tumenye iyi indwara iyariyo, gusa birasaba ubundi bufasha kuko n’indwara ubona ko irimo gufata abantu benshi batandukanye bamwe ikaba irimo no kubahitana”.

Makandayisenga Athoinette, umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu yabwiye tv1 dukesha iyi nkuru ko iyi ndwara nawe yabimenye kuko hari umuntu yamenye imaze guhitana, Ati:”Nibyo Koko iyi ndwara twayimenye, maze kumenya ko yishe umuntu umwe, gusa turimo gukora ibishoboka byose ngo tumenye iyariyo nibwo twabasha kugatangaza ko ari icyorezo”.

Abaturage ,barimo kwifuza ko inzego z’ubuzima zagana agace batuyemo kugirango bafate ibipimo by’abarwayi bagakora ubushakashatsi iyi ndwara itarabatwara benshi.

Bamwe mu baturage bavuga ko iyi ndwara yaje ari icyorezo.

Bamwe mu baturage bari batabaye ,aho hari umwe iyi ndwara yishe.

Barasaba inzego z’ubuzima kubatabara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *