Bamporiki Edouard yitabye urukiko -Asabiwe gufungwa Imyaka 20 n’ihazabu ya Miliyoni 200 rwf

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge guhamya Bamporiki Edouard ibyaha byo kwakira indonke no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite, agahanishwa gufungwa imyaka 20 n’ihazabu ya miliyoni 200 Frw.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije mu mizi urubanza Ubushinjacyaha buregamo Bamporiki wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, ibyaha bya ruswa.

Ubushinjacyaha bushinja Bamporiki kandi kwaka uwitwa Gatera Norbert miliyoni 10 FRW kugira ngo afunguze umugore we akoresheje ububasha afite kandi ngo yarazihawe.

Umwunganizi we avuga ko ibyo ntaho bihuriye na ruswa kuko uyu Gatera Norbert yari inshuti ya hafi ya Bamporiki.

Ikindi ngo umugore yarekuwe n’urukiko kandi ntaho ubushinjacyaha bugaragaza Bamporiki abwira urukiko kurekura uwo mugore.

Amafaranga yo hagati ya Norbert na Bamporiki ntaho ahuriye no kwitwa ruswa kuko mu bushuti bwabo bumaze hafi imyaka 15 bafashanya mu buzima busanzwe, bityo ibyakozwe byose bisa no guhana inka hagati yabo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *