Burundi: Umwaka w’amashuri Watangiye mu Bukene bw’Ibikoresho -Bamwe mu bana bagiye kwiga nta makayi n’amakaramu bafite
Kuri uyu wa mbere hatangiye umwaka w’ishuri wa 2022 ushyira 2023 mu Burundi.
Nka hose mu gihugu watangiye amashuri menshi afite ubukene bw’ibikoresho, bamwe mu banyeshuri nta bikoresho bafite birimo amakayi cyangwa amakaramu.
Abanyeshuri biga mu mashure afite amacumbi, cyane ibigo bya kure bagize ikibazo cyo kubura tike n’imodoka kubera ibura rya Linsansi.
Ku rubuga rwiwe rwa Twitter, Prezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye yanditse agira ati” Uyu musi abana b’Uburundi batangura umwaka w’ishure mushasha, ndabifurije amagara meza, ubwitonzi n’ubwira kugira ngo bige bamenya kuko ari bo kazoza k’igihugu cacu. Dusabiye abigisha, abarezi gukomera kw’ibanga ridasanzwe ryo kurerera Uburundi”.
Ababyeyi bavuganye n’Ijwi ry’Amerika dukesha iyi nkuru bemeza ko ibokoresho by’ishuri igiciro cyazamutse cyane ku rugero ruteye ubwoba.
Uyu mwaka leta y’Uburundi yongereye amafaranga ijana ku munyeshuri umwe wo ubu mu kigo ugaburirwa. Ariko abayobozi nku wa Lycee ya Cibitoke basanga ari nk’igitonyanya mu nyanja.

Batangiye ishuri mu bukene.


