Indwara itazwi imeze nk’ibicurane yishe abantu nibura 79 muri RD Congo
Minisiteri y’ubuzima muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ivuga ko abantu nibura 79 bishwe n’indwara itaramenyekana iteza ibimenyetso bimeze nk’iby’ibicurane, yadutse mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu.
Mu itangazo yasohoye ku rubuga nkoranyambaga X, minisiteri y’ubuzima ivuga ko iyo ndwara yamenyekanye guhera ku itariki ya 24 Ukwakira (10) uyu mwaka, benshi mu bo imaze kwica bakaba ari abana bafite hejuru y’imyaka 15.
Abantu barenga 300 bamaze kwandura, bakaba bagaragaza ibimenyetso birimo nko guhinda umuriro, kurwara umutwe, kwimyira bya buri kanya no gukorora, kugira ibibazo byo guhumeka no kutagira amaraso ahagije mu mubiri.
Amatsinda y’abakora ubutabazi yoherejwe muri iyo ntara ya Kwango, by’umwihariko mu karere k’ubuzima ka Panzi, aho iyo ndwara irimo kugaragara cyane, kugira ngo bite ku barwayi ndetse bakore iperereza ku bwoko bw’iyo ndwara.
Symphorien Manzanza, umuyobozi wo mu muryango utari uwa leta (sosiyete sivile), yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko uko ibintu bimeze biteye impungenge kuko umubare w’abanduye ukomeje kwiyongera.
Yagize ati: “Panzi ni akarere k’ubuzima ko mu cyaro, rero hari ikibazo cyo kuhageza imiti.”
Umukozi wo ku rwego rwo hejuru mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) wo ku rwego rw’Afurika, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko bohereje “itsinda muri ako karere kitaruye gukusanya ibipimo byo gukoreraho amaperereza muri laboratwari [laboratoire].”
Abategetsi basabye abaturage gutuza no kuba maso.
Banasabye abaturage gukaraba intoki bakoresheje isabune, kwirinda kujya ahateraniye abantu benshi, no kwirinda gukora ku mirambo y’abapfuye mu gihe nta muganga uhari.
Depite wo muri ako gace yabwiye Radio Top Congo ko abantu hafi 67 barwaye barapfa hagati y’itariki ya 10 n’iya 26 Ugushyingo (11) uyu mwaka.
Uwo Depite yagize ati: “Bikwiye kuzirikanwa ko ibitaro bya Panzi bidafite imiti ihagije yo guhangana n’iki kiza. Rwose ducyeneye ubufasha.”
Repubulika ya Demokarasi ya Congo imaze igihe inahangana n’ikiza gikaze cya virusi y’ubushita bw’inkende (cyangwa ‘mpox’). Hagati ya Mutarama (1) na Nyakanga (7) uyu mwaka, abategetsi babaruye abantu hafi 14,500 banduye iyo virusi.
Mu myaka ishize, iki gihugu cyanahanganye n’indwara ya Ebola.

