Uganda:Umuntu wambere yahitanywe na Ebola i Kampala
Ku nshuro yambere kuva icyorezo cya Ebola gisubiye kuboneka muri Uganda mu kwezi gushize, umuntu yahitanywe n’iyi ndwara ku murwa mukuru Kampala, ubu abo imaze kwica bakaba bageze kuri 19.
I Kampala nta bantu bazwi banduye iyo ndwara ariko uru rupfu n’ikindi kimenyetso cy’uko iyi Virus irimo irakwiragira hose uvuye aho watangiriye hagati mu gihugu, ibyo bikaba bihangayikishije abakora mu by’uzima bari gusaba leta ko yatangisha gushaka uko habaho akato.
Umugabo yahitanywe na Ebola i Kampala bivugwa ko ashobora kuba yaranduye hanyuma akaza guhunga avuye iwe– nk’uko bivugwa n’abashinzwe ubuzima.
Ngo ashobora kuba yari amaze kuremba agahitamo kujya mu yindi ntara kwivuza, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ubuzina wa Uganda, Jane Ruth Aceng.
Uwo mugabo yapfuye kuwa gatanu mu bitaro by’igihugu bya Kiruddu, byimuriweho abarwayi barembye.
Madamu Aceng yavuze yuko abaganga bavuye uwo mugabo bari basanzwe bikingiye kuko yari arembye cyane igihe yageraga kwa muganga.
Abantu mirongo ine na babiri ashobora kuba yarahuye nabo baramaze kumenyekana kandi barimo barakurikiranwa, nk’uko minisiteri y’ubuzima ibitangaza.
Kugeza uno munsi, abo bimaze kwemezwa ko banduye Ebola muri Uganda ni 54.

