Abantu 130 bapfuye, inzu zirenga 5000 zirasenyuka ,Abantu 5 baburiwe irengero batwawe n’imigezi
Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko umubare w’abahitanywe n’ibiza byabaye mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira iryo ku wa 3 Gicurasi 2023 mu Ntara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo umaze kugera ku bantu 130.
Byatangajwe n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RBA muri iki gitondo.
Mukuralinda yavuze ko kugeza ubu hari abantu batanu batarabonetse Anavuga ko muri ibyo biza abantu 77 ari bo bakomeretse, 36 muri bo bakaba bari mu bitaro, aho bagomba kuvurwa ku buntu.
Uretse abantu bapfuye ndetse n’abakomeretse, ibiza byanasenye inzu 5174, aho izirenga 3000 ari izo mu Karere ka Rubavu.
Kuri uyu wa Kane ibikorwa by’ubutabazi byakomeje, aho inzego zinyuranye ziri gufasha abaturage bagizweho ingaruka n’ibiza.
Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yashimiye abakomeje gukora ibikorwa byo guhangana n’izi ngaruka z’ibiza.

